Nyuma y’umukino wahuze Arsenal yo mu Bwongereza na Bayern Munich yo mu Budage muri Ligue des Champions, umutoza Wenger wa Arsenal yatangaje ko ababajwe no gutsindwa ibitego 5 byose n’iyi kipe.
Aganira n’itangazamakuru, umutoza Wenger yagize ati: “umukino wajyaga kumera kimwe, habonetse amahirwe menshi mbere y’uko igice cya mbere kirangira, nyuma Koscielny wacu twamubuze, nkeka ko ibyo byatubereye ibyago ku gitego twatsinzwe cya kabiri, gusohoka kwa Koscielny byatubereye ibyago,… igitego cya gatatu cyatuzahaje cyane” .

Wenger yakomeje agira ati: “Nkeka ko twari dufite uburyo bwo kuba twatahana intsinzi iri joro, twakinaga n’ikipe nziza, hari amahirwe menshi twapfushije ubusa umukino ugitangira na nyuma mu minota 20 ya nyuma.
Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 Gashyantare 2017, saa tatu z’ijoro, ku kibuga cya Allianz Arena (Bayern Munich) ibasha gutsina 5:1 cya Arsenal.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Théoneste@Bwiza.com


