Amakuru akomeje gucicikana avuga ko abarwanyi ba FDLR irwanya Kigali bataye ku rugamba Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gihanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa M23. FARDC yashinjwe n’ u Rwanda gukorana na FDLR n’indi mitwe mu guhangana na M23 ariko Congo ikabihakana. Amakuru ataremezwa n’impande zose bireba, avuga ko FDLR yakuye abarwanyi bawo muri ubu bufatanye bwa FARDC n’indi mitwe mu rugamba irwanamo na M23. Si ibyo gusa kuko hari iyi ngingo yo kureka FARDC ikabaga ikifasha, umutwe wa RUD-Urunana nawo uvugwaho gukura abarwanyi bawo mu gace kazwi nka Busanza. Ubuyobozi bwa Sosiyete Sivile mu gace ka Binza, bwemeje aya makuru ko RUD-Urunana na yo yakuye abarwanyi bayo muri kariya gace ka Busanza aho yari ifite ibirindiro. Impamvu itungwa agatoki ni ukuba abarwanyi b’imitwe ifatanya na FARDC bakomeje kwicirwa n’inzara ku rugamba ndetse kubona ibyo barya n’imiti bikaba ari ingume kandi bari barabisezeranyijwe. M23 nayo yakunze kuvuga ko irwana n’ihuriro rya FARDC-FDLR na Nyatura.


