Abantu 16 bari bagungiwe muri kasho ya Sitasiyo polisi ya Muganza mu Karere ka Rusizi batorotse gereza ubwo bari barimo kurya. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera John Bosco, yatangarije RBA ko aba bafungwa bari barimo kurya, bitangira bateje akaduruvayo, bafungura urugi bafumyamo. Afande Kabera ati ” Nibyo Koko batorotse gereza ariko batanu bafashwe. Byombi nibyo. Abatorotse bari mu nzira zo gukurikiranwa n’ubutabera. Ubwo bari bari gufungurwa bihinze bakubita urugi bariruka, abapolisi ntibyabakundira kubahagarika Batanu bamaze gutabwa muri yombi ariko n’abandi turi bubafate.” CP Kabera avuga ko abatorotse bari bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye, asaba abaturage nk’ibisanzwe gutanga amakuru kuwo babona watorotse kuko baba barakoreye ibyaha aho mu giturage batuye. Uyu mupolisi ariko ntiyasobanuye uko polisi yabyitwayemo ibuza aba bafungwa gutoroka mu gihe bizwi ko ugerageje gutoroka araswa.



6 Responses
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
Ngobarikurya ubwosewagaburira umuntu agatoroka cyagwa baryaga inkoni
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
Ngobarikurya ubwosewagaburira umuntu agatoroka cyagwa baryaga inkoni
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
Ngobarikurya ubwosewagaburira umuntu agatoroka cyagwa baryaga inkoni
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
Ngobarikurya ubwosewagaburira umuntu agatoroka cyagwa baryaga inkoni
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
ABO BANTU BATINYUKA. GUTOROKA AHO BAFUNGIYE. BAGATEZA AKAVUYO .BAKWIRIYE IGIHANO GIFITE IMBARAGA
Rusizi: Abantu 16 bari bafunzwe batorotse gereza
ABO BANTU BATINYUKA. GUTOROKA AHO BAFUNGIYE. BAGATEZA AKAVUYO .BAKWIRIYE IGIHANO GIFITE IMBARAGA