Abanye-Congo babarirwa mu 150 birukanwe ku butaka bwa Angola, nyuma y’igihe baba muri iki gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.
Iyirukanwa ry’aba banye-Congo ryemejwe na Padiri Trudon Keshilemba Lamba ukuriye Sosiyete Sivile yo mu gace ka Kamako ho mu ntara ya Kasaï batahukiyemo ubwo bageraga muri Congo Kinshasa, ku wa Kane tariki ya 08 Ukuboza 2022.
Uyu yavuze ko uburyo bariya banye-Congo birukanwemo ari ubwa kinyamaswa, nyuma yo gupakirwa mu modoka zidafite ubushobozi bwo kubakira ndetse bakanagirirwa nabi.
Yunzemo ati: “Ikibabaje kurushaho cyaranze ukwirukanwa bunyamaswa k’uwo munsi, ni urupfu rw’umusore witwa Lipasa. Yakubiswe n’abapolisi ba Angola. Yaguye muri kaburimbo umutwe arajanjagurika, ahita apfa. Umurambo we uracyari ku ruhande rwa Angola.”
Ibinyamakuru by’i Kinshasa bivuga ko bariya banye-Congo birukanwe muri Angola ari abahabaga badafite ibyangombwa bibaranga.
Padiri Keshilemba yavuze ko abenshi muri bo bari bamaze igihe bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa diyana (diamond), nyuma yo kugera muri Angola bagiye gushaka imibereho.
Ni mu gihe abandi bari barageze muri kiriya gihugu kuva muri 2017 bahunze ubwicanyi bwabaga mu ntara ya Kasaï.



2 Responses
Angola yirukanye ku butaka bwayo abanye-Congo 150
Nibihangane bitwara nabi umuntu aba mukindi gihugu ntavyangombwa ahaa
Angola yirukanye ku butaka bwayo abanye-Congo 150
Nibihangane bitwara nabi umuntu aba mukindi gihugu ntavyangombwa ahaa