APR FC yari imaze imikino 4 idatsinda yatsinze Rutsiro FC mbere yo kwesurana na Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Mbere yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0; yongera kubona amanota atatu nyuma y’imikino ine yikurikiranya itazi uko gutsinda bisa.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye Rutsiro FC kuri Stade Umuganda yo mu karere ka Rubavu, mu mukino usoza umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda.

Ni umukino yagiye gukina mu gihe yari imaze imikino ine yikurikiranya inganya, irimo itatu yikurikiranya yari imaze itinjiza igitego.

APR FC yaherukaga kugwa miswi y’ubusa ku busa n’amakipe ya AS Kigali, Gasogi United na Mukura VS; imikino yanganyije nanone nyuma yo kunganya na Kiyovu Sports ibitego 2-2.

Igitego cyo ku munota wa 42 w’umukino cya Niyibizi Ramadhan ndetse n’icyo ku wa 68 w’umukino cya Bizimana Yannick, ni cyo cyafashije APR FC kongera kubona intsinzi mbere yo kwesurana na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona ugomba kubera kuri Stade ya Kigali ku wa Gatandatu w’iki cyumweru.

Rayon Sports ni yo izaba yawakiriye.

Gutsinda Rutsiro FC byatumye APR FC ifata umwanya wa gatatu n’amanota 24 inganya na Kiyovu Sports iyikurikiye.

Iyi kipe y’umutoza Ben Moussa kuri ubu irarushwa na Rayon Sports ya mbere amanota ane; mbere y’uko amakipe yombi yisobanura mu mukino utegerejwe na benshi.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. APR FC yari imaze imikino 4 idatsinda yatsinze Rutsiro FC mbere yo kwesurana na Rayon Sports
    Apr oyee komerezah it good apr Respect to you

  2. APR FC yari imaze imikino 4 idatsinda yatsinze Rutsiro FC mbere yo kwesurana na Rayon Sports
    Apr oyee komerezah it good apr Respect to you

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *