Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye ashyize iki gihugu mu cyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’imvura iheruka kugwa igahitana abatari bake.
Ni icyemezo Tshisekedi yafashe nyuma y’inama yamuhuje na bamwe mu baminisitiri n’abagize Guverinoma y’igihugu cye yabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Aha muri Amerika Tshisekedi yahitabiriye inama ya kabiri ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’umugabane wa Afurika.
Perezidansi ya Congo Kinshasa mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yavuze ko icyunamo Tshisekedi yashyizeho kigomba kumara iminsi itatu uhereye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Ukuboza 2022.
Tshisekedi kandi yanafashe icyemezo cyo kugaruka muri RDC ikitaraganya, akaba agomba kuhagaruka kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Ukuboza nyuma yo kubonana na Perezida Joe Biden.
Kuri ubu abantu barenga 120 ni bo byamaze kumenyekana ko bamaze guhitanwa n’imvura nyinshi yaguye i Kinshasa, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iyi mvura idasanzwe amakuru avuga ko yatangiye kugwa mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza 2022, iteza inkangu ndetse n’imyuzure ikomeye mu ntara ya Kinshasa inasanzwe irimo umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amafoto n’amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana inyubako nyinshi z’i Kinshasa zamaze kurengerwa n’amazi.
Imibare y’agateganyo yatangajwe na Radio Top Congo FM ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, yavugaga ko abantu barenga 100 ari bo byamaze kumenyekana ko bamaze gupfa.
Usibye abapfuye, amakuru avuga ko hari n’ibikorwa remezo byiganjemo imihanda byasenyutse.
Muri byo harimo nk’umuhanda ’Route Nationale no1’ uhuza umujyi wa Kinshasa n’uwa Matadi wo mu ntara ya Kongo yo hagati (Kongo-Central), wacikiyemo kabiri ahitwa Matadi Kibala ho muri Komini ya Mont-Ngafula.


