Uganda: Indege ya Turkish Airlines yaguye igitaraganya nyuma yo kugongana n’inyoni

Sangiza iyi nkuru

Indege ya Sosiyete itwara abagenzi ya Turkish Airlines yasubiye inyuma igitaraganya ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe muri Uganda, nyuma yo kugonga inyoni.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo iyi ndege yo mu bwoko bwa Airbus A380 yerekezaga mu mujyi wa Instanbul muri Turkiya yagonganye n’inyoni, biba ngombwa ko ishaka uko yongera guhita igwa i Entebbe aho yarimo ihaguruka.

Kugongana n’inyoni ku ndege (ibizwi nka Bird Strikes mu rurimo rw’Icyongereza) bisanzwe bibaho iyo indege iri guhaguruka ku kibuga, ibi bikaba biri mu bikunze guteza impanuka zikomeye.

Umuvugizi w’Ikigo gishinzwe indege za gisivile muri Uganda (UCAA), Vianny Luggya, yatangaje ko iriya ndege ya Turkish Airlines yagonganye n’inyoni saa moya n’igice z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri; ubwo muri Uganda harimo hagwa imvura nyinshi.

Luggya yavuze ko iriya ndege yagonganye n’inyoni ubwo yarimo ihaguruka ku kibuga cya Entebbe.

Yakomeje avuga ko “Nk’ingamba yo kwirinda ko habaho ibibazo, indege yazengurutse inshuro nyinshi mu kirere cya Uganda mbere yo kongera kugwa i Entebbe nta kibazo igize, saa mbili na 52.”

Abahanga mu byerekeye indege bavuga ko mu busanzwe indege ya rutura nk’iriya iyo igonze inyoni iri guhaguruka ku kibuga bisaba ko imena za toni z’amavuta iba yikoreye, mu rwego rwo kuyigabanyiriza uburemere kugira ngo yongere kugwa ku kibuga itekanye.

Kugeza ubu ntiharamenyekana niba iriya ndege yangiritse cyane, gusa Luggya mu masaha yatambutse yatangaje ko iriya ndege yarimo igenzurwa kugira ngo harebwe niba yakongera gusubukura urugendo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *