Israel: 7 biciwe mu gitero cyagabwe mu rusengero

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama 2023, abantu barindwi barasiwe mu rusengero i Yeruzaremu abandi barakomereka, mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe n’Abanya-Palestine.

Polisi ya Israel ivuga ko byibuze abantu barindwi bishwe abandi batatu bagakomerekera, mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe hafi ya Kiliziya i Yeruzalemu.

Ni igitero cyabaye ahagana saa 8h15 zo muri Israel.

Polisi yatangaje ko uwarashe na we nyuma yishwe n’abapolisi, nk’uko Yaakov Shabtai uyiyobora yabibwiye itangazamakuru.

Ati: “Iki ni kimwe mu bitero by’iterabwoba bikomeye bibayeho kuva mu myaka mike ishize.”

Ikigo gishinzwe ubutabazi bwihuse muri Israel, Magen David Adom (MDA), cyatangaje ko abantu batanu barashwe bapfiriye aho ako kanya harimo abagabo bane n’umugore.

Iki kigo cyavuze kandi ko mu bakomeretse harimo umwana w’umuhungu w’imyaka 15.

Umuvugizi wa Polisi yavuze ko uwarashe ari umusore w’imyaka 21 utuye mu burasirazuba bwa Yeruzalemu.

Polisi yakomeje ivuga ko uwarashe yakoresheje imbunda nto ya Pistol, kandi ko yaje arasa uwo bahuraga wese mbere yo kwinjira mu modoka agahunga.

CNN ivuga ko ririya raswa ryabaye nyuma y’uko ku munsi wo ku wa Kane ingabo za Israel zihitanye abantu icyenda abandi benshi bagakomereka mu mujyi wa Jenin mu gace ka West Bank nk’uko Minisiteri y’ubuzima ya Palesitine ibitangaza.

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasabye ko kwirindwa ibikorwa byo kwihorera.

Ati: “Ndahamagarira abaturage kudafata amategeko mu biganza byabo. Dufite ingabo, abapolisi n’abashinzwe umutekano. Bakora kandi bazakora igikwiye bakurikije amabwiriza ya Guverinoma.”

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye, Antonio Guterres na we yamaganye kiriya gitero, avuga ko “birababaje cyane kubona icyo gitero cyabereye ahasengerwa, kandi ku munsi mpuzamahanga wo kwibuka jenoside yakorewe Abayahudi.”

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Israel: 7 biciwe mu gitero cyagabwe mu rusengero
    Israel iyo irimo kwica abanyapalestina yumva bo Atari abantu nkabandi?kdi amahanga yose agaceceka na america erega ikaruca ikarumira! Uretse ko burya abatabizi america=Israel=ubwongereza

  2. Israel: 7 biciwe mu gitero cyagabwe mu rusengero
    Yego ntawe ushyigikiye ibyabaye ariko leta ya israel ikorera iyica rubozo abanyapalistine kandi ntakirengera bagira

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *