Ikipe ya APR FC bimaze kumenyekana ko yamaze kumvikana n’abakinnyi batandatu b’abanyamahanga bari mu bo izitabaza mu mwaka utaha w’imikino.
Ni nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yisubiye kuri Politiki yo gukinisha Abanyarwanda gusa yari yarafashe mu myaka 11 ishize.
Kuva isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunguye imiryango APR FC yavuzwemo abakinnyi benshi b’abanyamahanga, gusa barindwi muri bo ni bo iyi kipe yamaze guha ubutumire bwo kuza kuyikinira.
Muri aba bakinnyi harimo batandatu amazina yabo yamaze kumenyekana.
Uwa mbere muri bo ni Umunya-Uganda Taddeo Lwanga wahoze akinira Simba Sports Club yo muri Tanzania.
Uyu mukinnyi w’imyaka 29 y’amavuko unasanzwe akinira Imisambi ya Uganda amakuru avuga ko ari i Kigali kuva ku wa Kabiri tariki ya 04 Nyakanga 2023, nyuma yo gutumirwa na APR FC ngo aze gukora ikizamini cy’ubuzima ndetse no gusinyisha amasezerano.
Undi wahawe ubutumire ni Pavel Nzila usanzwe ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Congo-Brazzaville ‘Les Diables Rouges’.
Uyu munyezamu wari umaze igihe akinira AS OtohĂ´ y’iwabo, byari byitezwe ko yakagombye kuba yageze i Kigali mu ijoro ryakeye.
Umukinnyi wa Gatatu nk’uko Fine FM iheruka kubitangaza ni myugariro Ngweni Ndassi Kadiang.
Uyu munya-CamĂ©roun w’imyaka 32 y’amavuko yari asanzwe ari umukinnyi wa Rivers United yo muri Nigeria.
Ngweni Ndassi uheruka gutorwa nka myugariro mwiza w’umunyamahanga wakinaga muri shampiyona ya Nigeria, kuri ubu yamaze gusezera abafana ba Rivers United mbere yo kuza muri APR FC.
Uyu myugariro kandi agomba kuzana n’abandi bakinnyi babiri b’abanya-CamĂ©roun, barimo Joseph Apam Assongue usatira izamu anyuze ku ruhande rw’ibumoso.
Uyu musore w’imyaka 22 ushobora no gukinishwa nka numĂ©ro 9, muri Nyakanga 2022 umutoza Rigobert Song yamuhamagaye mu kipe ya CamĂ©roun yagombaga guhura n’u Burundi bashaka itike ya CAN.
APR FC yamaze kumwegukana mu gihe mu minsi ishize hari havuzwe amakuru y’uko Rayon Sports yifuza kumusimbuza LĂ©andre Essomba Willy Onana wamaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Simba.
Joseph Apam Assongue watsinze ibitego 10 muri shampiyona ya CamĂ©roun y’umwaka ushize, ubusatirizi bwa APR FC azabuyoborana na mwene wabo Lambert Gueme Araina.
Uyu rutahizamu w’imyaka 24 y’amavuko yakiniye amakipe atandukanye arimo Cotton Sport de Garoua na FAR Rabat yo muri Maroc.



3 Responses
Urutonde rw’abanyamahanga 6 bamaze kumenyekana nk’abakinnyi bashya ba APR FC
Ibintu APR ikoz nibyiza kbx ubu noneh nizerek igiy kubaga amakipe nka Alahiri, Zamarek ,simba etc …
Urutonde rw’abanyamahanga 6 bamaze kumenyekana nk’abakinnyi bashya ba APR FC
safarijeanbosco74@gmail.com
Urutonde rw’abanyamahanga 6 bamaze kumenyekana nk’abakinnyi bashya ba APR FC
tuzayigwa inyuma