Ikipe ya APR FC bimaze kumenyekana ko yamaze kumvikana n’abakinnyi barindwi b’abanyamahanga izitabaza mu mwaka utaha w’imikino.
Ni nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yisubiriye kuri Politiki yo gukinisha Abanyarwanda gusa yari yarafashe mu myaka 11 ishize.
Kuva isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunguye imiryango APR FC yavuzwemo abakinnyi benshi b’abanyamahanga, gusa barindwi muri bo ni bo iyi kipe yamaze guha ubutumire bwo kuza kuyikinira.
Muri aba bakinnyi, barindwi iyi kipe izakinisha amazina yabo yamaze kumenyekana.
Uwa mbere muri bo ni Umunya-Uganda Taddeo Lwanga wahoze akinira Simba Sports Club yo muri Tanzania.
Uyu mukinnyi w’imyaka 29 y’amavuko unasanzwe akinira Imisambi ya Uganda amakuru avuga ko ari i Kigali kuva ku wa Kabiri tariki ya 04 Nyakanga 2023, ndetse yanamaze gukora ikizamini cy’ubuzima.
Undi wahawe ubutumire ni Pavel Nzila usanzwe ari umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Congo-Brazzaville ‘Les Diables Rouges’.
Uyu munyezamu wari umaze igihe akinira AS OtohĂ´ y’iwabo, na we yamaze kugera i Kigali ndetse amakuru avuga ko yamaze gukora ikizamini cy’ubuzima.
Umukinnyi wa Gatatu nk’uko Fine FM iheruka kubitangaza ni myugariro Ngweni Ndassi Kadiang.
Uyu munya-CamĂ©roun w’imyaka 32 y’amavuko yari asanzwe ari umukinnyi wa Rivers United yo muri Nigeria.
Ngweni Ndassi uheruka gutorwa nka myugariro mwiza w’umunyamahanga wakinaga muri shampiyona ya Nigeria, kuri ubu yamaze gusezera abafana ba Rivers United mu gihe bigitegerejwe ko agera i Kigali.
Uyu myugariro kandi agomba kuzana na mwene wabo w’umunya-CamĂ©roun, Joseph Apam Assongue usatira izamu anyuze ku ruhande rw’ibumoso.
Uyu musore w’imyaka 22 ushobora no gukinishwa nka numĂ©ro 9, muri Nyakanga 2022 umutoza Rigobert Song yamuhamagaye mu kipe ya CamĂ©roun yagombaga guhura n’u Burundi bashaka itike ya CAN.
APR FC yamaze kumwegukana mu gihe mu minsi ishize hari havuzwe amakuru y’uko Rayon Sports yifuza kumusimbuza LĂ©andre Essomba Willy Onana wamaze gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Simba.
Joseph Apam Assongue watsinze ibitego 10 muri shampiyona ya CamĂ©roun y’umwaka ushize, ubusatirizi bwa APR FC azabuyoborana n’umunya-Nigeria Victor Mbaoma.
Uyu rutahizamu w’imyaka 26 y’amavuko yakiniye amakipe atandukanye arimo Enyimba y’iwabo na MC Alger yo muri Nigeria.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo yageze i Kigali aho agomba gusinya amasezerano nk’umukinnyi wa APR FC mu myaka ibiri iri imbere, nyuma yo gukora ikizamini cy’ubuzima.
Umukinnyi wa karindwi mu bo APR FC yabengutswe ni umunya-Sudani Sharafeldin Shiboub Ali Abdelrahman wakiniye amakipe arimo Simba Sports Club yo muri Tanzania.
Uyu mukinnyi ukina nka numĂ©ro 10 w’imyaka 29 y’amavuko amakuru avuga ko yamaze kugera i Kigali aho yaje kurangizanya na APR FC.
Sharafeldin Shiboub Ali Abdelrahman mu minsi ishize yigeze gusinya muri Kiyovu Sports, gusa biza kurangira atayikiniye.
Uyu mukinnyi usanzwe anakinira ikipe y’Igihugu ya Sudani yakiniraga ikipe ya Al-Talaba Sports Club yo muri Iraq.
Aba bakinnyi biyongera kuri Nshimirimana Ismail ‘Pitchou’wahoze akinira Kiyovu Sports wumvikanye na APR FC kuyikinira mu myaka ibiri iri imbere.



One Response
Abanyamahanga 7 bose bazakinira APR FC muri ‘Season’ itaha bamenyekanye
APR FC NIGURE UMUTOZA UFATIKA DUKUBITE ABARAYON NKABANA