Umunya-Caméroun Bemol Apam Assongwe yerekanwe nk’umukinnyi mushya wa APR FC.
Uyu rutahizamu w’imyaka 22 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira APR FC.
Bemol Apam yabaye umukinnyi wa gatandatu w’umunyamahanga werekanwe na APR FC.
Ni nyuma ya Ndikumana Danny wahoze akinira Rukinzo FC y’i Burundi, umunyezamu Pahvel Nzilha wahoze akinira AS Etoile du Congo ndetse n’Umugande Taddeo Lwanga wamenyekanye mu makipe arimo Simba Sports Club yo muri Tanzania.
APR FC kandi yerekanye Umurundi Nshimirimana Ismail ‘Pitchou’ cyo kimwe n’umunya-Nigeria Victor Mbaoma.


