Abasirikare ba Niger bemeje ko bakoreye Coup d’à‰tat Perezida Mohamed Bazoum

Sangiza iyi nkuru

Perezida Mohamed Bazoum wa Niger yahiritswe ku butegetsi, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’abasirikare babyigambiye kuri Televiziyo y’Igihugu.

Ni nyuma y’amasaha menshi uyu mukuru w’Igihugu yafungiwe mu ngoro ye n’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kumurinda.

Itangazo ryasomewe kuri Televiziyo y’Igihugu na Colonel Amadou Abdramane wari kumwe na bagenzi be icyenda, rivuga ko Igisirikare n’inzego z’umutekano bafashe icyemezo cyo “gushyira iherezo ku butegetsi muzi ku bw’izamba ry’umutekano ndetse n’imiyoborere mibi.”

Colonel Abdramane yunzemo ko imipaka yose ya Niger yafunzwe, hashyirwaho umukwabu mu gihugu hose, hanyuma inzego zose z’Igihugu zirahagarikwa.

Abasirikare bahiritse ubutegetsi bahaye gasopo amahanga, bayasaba kwirinda kwivanga mu bibazo bya kiriya gihugu.

Aba bunzemo ko imibereho myiza ya Perezida Bazoum izabungabungwa.

Kugeza ubu ntibizwi aho Perezida Bazoum yari aherereye ubwo bariya basirikare batangazaga ko bamuhiritse.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye mu munyamabanga wazo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Anthony Blinken, zamaganye ihirikwa rya Bazoum, zisaba ko ahitwa arekurwa.

Coup d’à‰tat yabaye muri Niger yabaye iya karindwi ibaye muri Afurika y’Uburengerazuba kuva muri 2020.

Niger by’umwihariko iri mu bihugu byo mu karere ka Sahel bimaze igihe byugarijwe n’ibitero by’umutwe wa Islamic State.

Abakurikiranira hafi ibya Politiki yo mu burengerazuba bwa Afurika bahuriza ku kuba Coup d’à‰tat z’urudaca zishobora gukoma mu nkokora gahunda y’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi yo kugarura amahoro muri kariya gace.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *