Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles ‘KNC’, yateguje Rayon Sports kuzayambika ubusa ubwo izaba yahuye n’ikipe ye mu mukino ufungura shampiyona.
KNC yahaye integuza Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’umukino wa gicuti Gasogi United yari imaze gutsindamo Sunrise FC igitego 1-0.
Ku wa Gatanu tariki ya 18 Kanama ni bwo Gasogi United izakira Rayon Sports, mu mukino ufungura shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Ni umukino KNC amaze igihe yikomanga ku gatuza avuga ko byanga bikunze ikipe ye izababarizano Murera ikayitwara amanota atatu.
Uyu mugabo yongeye kubishimangira avuga ko ikipe ye izambika ubusa Rayon Sports.
Yagize ati: “Ikimbabaje ni kimwe, ni uko mugiye kubona ubwambure bwa Rayon Sports. Ubundi yabashukaga. Tugiye kuyambika ubusa ku karubanda, muyirebe. Ubu yifitemo ibibara byinshi, irabashuka. Turashaka kuyibereka neza muyibona.”
KNC yibukije ko kuva Gasogi United yagera mu cyiciro cya mbere itaratsindwa umukino n’umwe w’umunsi wa mbere wa shampiyona.
Rayon Sports by’umwihariko yayibukije ko hari ubwo bigeze guhurira mu mukino ufungura shampiyona “igataha irira.”
Muri 2019 ni bwo Gasogi United yari ivuye mu cyiciro cya kabiri yahuriye na Rayon Sports yari yatwaye Igikombe cya shampiyona mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona, biza kurangira amakipe yombi aguye miswi 0-0.



One Response
Carlos Alos Ferrer ntakiri umutoza w’Amavubi
mugemuduhaamakuagezwehoakokanya