Real Madrid yagize ibyago

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Real Madrid igiye gutakaza igihe kirekire umunyezamu Thibaut Courtois, nyuma yo kugira imvune ikomeye.

Uyu munyezamu ukomoka mu gihugu cy’u Bubiligi yavunikiye mu myitozo yo kuri uyu wa Kane, ubwo we na bagenzi be biteguraga umukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ya Espagne bazahuriramo na Athletic Bilbao.

Real Madrid ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet yemeje ko Courtois wavuye mu myitozo arira yagize ikibazo cyo gucika imitsi y’ingasire y’ivi ry’ibumoso.

Iyi kipe yunzemo ko uyu munyezamu wari uyifatiye runini agomba kubagwa kugira ngo abashe gukira.

Kugeza ubu ntiharamenyekana igihe Courtois agomba kumara hanze y’ikibuga, gusa byitezwe ko kigomba kujya hanze y’ikibuga.

Nyuma y’ivunika rya Courtois, Madrid yahise itekereza ku gushaka byihuse umunyezamu ugomba kumusimbura.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bwongereza na Espagne avuga ko iyi kipe yahise itangira kuvugisha David de Gea uheruka gutandukana na Manchester United, kugira ngo ajye kumusimbuza.

Sky Sports yatangaje ko Real Madrid yatangiye kuvugana n’abahagarariye uyu munyezamu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *