Abakuru b’igisirikare cya Ukraine barimo kurushaho kotswa igitutu kijyanye n’igitero cya misile Uburusiya buherutse kugaba, byemezwa ko cyishe kikanakomeretsa abasirikare benshi ba Ukraine.
Ibitangazamakuru byo muri Ukraine hamwe n’imbuga za internet zo mu Burusiya zitangaza amakuru ajyanye n’igisirikare, bivuga ko abasirikare ba Ukraine barenga 20 biciwe mu muhango wo gutanga ibihembo wabaye ku wa gatanu hafi y’imirongo y’imbere y’ahabera urugamba mu majyepfo ya Ukraine.
Igisirikare cya Ukraine ntikiratanga imibare y’abapfuye n’abakomeretse muri icyo gitero cyo mu karere ka Zaporizhzhia, cyise “akaga”.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko ibyabaye “byashoboraga kwirindwa nk’uko yabitangaje mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ku cyumweru, yongeyeho ko ibyaha bakorerwa ari mpanabyaha.
Bamwe mu basirikare ba Ukraine hamwe n’inzobere mu bya gisirikare bavuga ko uwo muhango utagakwiye kuba warabereye mu gace kari mu byago byo kugabwaho igitero.
Bavuga ko abasirikare ba Ukraine bagakwiye kuba bari babizi ko indege nto z’intambara zitarimo umupilote (drones) z’Uburusiya buri gihe ziba zikurikiranira hafi ibikorwa by’abasirikare ba Ukraine hafi y’ahari imirongo y’imbere yo ku rugamba, kugira ngo ziyobore ibitero by’indege n’ibitero by’imbunda za rutura.
Ni mu gihe intambara irimbanyije hagati ya Israel n’umutwe wa Hamas, aho kuri ubu uyu mutwe wanze kuva ku izima ngo urekure imbohe yafashe.


