Amakuru aturuka muri komisiyo yigenga y’amatora ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENI) kuri uyu wa Kane, yatangaje ko gutangaza ibyavuye mu matora y’abadepite b’igihugu n’intara muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) biteganijwe ku itariki ya 3 Mutarama 2024.
CENI iti “Gutangaza ibyavuye mu matora by’agateganyo y’abadepite b’igihugu no mu ntara biteganijwe ku itariki ya 3 Mutarama 2024. Ku matora y’amakomine, bizaba ku itariki ya 4 Gashyantare 2024. Ku itariki ya 31 uku kwezi bireba gusa amatora ya perezida.”
Kuva ku itariki ya 1 kugeza ku ya 9 Mutarama 2024, hateganijwe ubujurire no gukemura amakimbirane ashingiye ku byavuye mu matora ya perezida; ku itariki ya 10 Mutarama 2024, hazatangazwe ibyavuye mu matora ya perezida n’Urukiko Rushinzwe Kurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga, na ho ku itariki ya 20 Mutarama 2024, Perezida watowe azarahira ku mugaragaro.
Byongeye kandi, igihe cyo kuva ku itariki ya 4 kugeza ku ya 11 Mutarama 2024 kigenewe ubujurire bujyanye n’amakimbirane ashingiye ku byavuye mu matora y’abadepite ku rwego rw’igihugu n’urw’intara, ku itariki ya 12 Werurwe 2024, urukiko rw’ubujurire ruzemeze ibyavuye mu matora y’abadepite ku rwego rw’igihugu no ku rwego rw’intara.


