Abakinnyi b’Abanyarwanda bitabiriye imikino ya EAC i Bujumbura batashye ntawe babwiye

Sangiza iyi nkuru

Abakinnyi b’Abanyarwanda 16 bitabiriye imikino ya “East African Junior Championship 2024 ” ibera i Bujumbura biravugwa ko bafashe icyemezo cyo gusubira mu Rwanda bakava mu irushanwa batabimenyesheje abariteguye.

Umwem bahaye aya makuru SOS Media Burundi yagize ati: “aba bakinnyi bahagurutse hagati ya 11h00 na 12h00 ku wa Gatanu. Ntabwo babimenyesheje abateguye, ”

Ayo makuru akomeza avuga ko amarushanwa akomeje. Umukino wanyuma uraba kuri iki Cyumweru.

Ku rundi ruhande Abanyarwanda 38 bafungiwe muri Komini ya Mugina, abandi 12 muri Komini ya Rugombo mu Ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru-uburengerazuba). Muri Mugina, hari Abanyarwanda batuyeyo igihe kirekire.

Ku wa Kane no ku wa Gatanu, nyuma gato y’icyemezo cya Guverinoma yu Burundi cyo gufunga imipaka, abandi Banyarwanda 46 basubijwe mu Rwanda n’abayobozi b’u Burundi. Abandi banyarwanda benshi ngo bafatiwe muri Komini ya Mabayi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *