Nyuma y’uko ku munsi w’ejo umunya Israel Premier Tech yatwaye agace ka Kabiri ka tour du Rwanda,kuri ubu umunya colombia niwe wegukanye ahgace ka gatatu.
Jhonatan Restrepo Valencia umunya colombia, usanzwe uzwi muri Tour du Rwanda, niwe wegukanye agace ka gatatu, ahita anaba umukinnyi umaze kwegukana uduce twinshi mu mateka y’iri siganwa turimo n’akaherukaga kwerecyeza i Rusizi berecyeye uyu munsi.
Jhonatan Restrepo Valencia ukinira ikipe ya Team Polti Kometa yo muri Espagne, yegukanye aka gace ka gatandatu ka Huye-Rusizi, kahise kaba aka gatandatu yegukanye muri iri siganwa rya Tour du Rwanda.
Agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kahagurutse mu Karere ka Huye kerecyeza mu ka Rusizi, kari kagizwe n’ibilometero 140,3.
Ku isaha ya saa tanu, ni bwo abakinnyi bari bahagurutse i Huye berecyeza mu Karere ka Rusizi, aho aka gace kaherukaga gukinwa mu myaka ine ishize.
Uyu Munya-Colombia wegukanye aka gace, yahise ayobora abandi bamaze kwegukana uduce twinshi muri Tour du Rwanda, dore ko atwaye uduce turindwi. 7


