Inkoni yaba iri kurisha mu bakinnyi ba Inyemera WFC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Inyemera Women Football Club yavuze ku byo kudahemba abakinnyi maze ikabakubitira kujya mu myitozo.

Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 7 Werurwe 2024, ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse amakuru avuga ko mu ikipe ya Inyemera WFC harimo ubukene bukabije ndetse ko n’inkoni yari iri kurisha.

Amakuru yavugaga ko abakinnyi banze kujya mu myitozo batari bahembwa maza abayobozi b’ikipe bakazana inkoni bakabakubita kugira ngo bajye mu myitozo.

Bivugwa ko kandi amezi amaze kuba ane abakinnyi b’iyi kipe batabona agashahara kabo.

Nyuma y’ayo makuru, iyi kipe yaje kubinyomoza yivuye inyuma mu butumwa yanyujije ku rukuta rwabo rwa X.

Yagize ati: “Twamaganye amakuru adafite aho ahuriye n’ukuri ari kuvugwa ku ikipe yacu! Nta mukinnyi wigeze akubitwa, abakinnyi bacu bose bameze neza n’ikimenyimenyi mu gitondo turakora imyitozo.”

Inyemera WFC (Inyemera Women Football Club) ikina mu kiciro cya mbere muri shampiyona y’abagore, yashinzwe muri 2012 ndetse ikaba ifashwa n’Akarere ka Gicumbi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *