Mu gihe mu gihugu cy’Uburusiya hateganyijwe amatora, kuri uyu wa Gatanu taliki ya 15 Werurwe 2024 iki gihugu cyakajije umutekano hirindwa ko Ukraine yagica mu rihumye ikagaba ibitero.
Ni amatora azamara iminsi itatu hatorwa Perezida bivugwa ko azongerera Vladimir Putin manda y’imyaka itatu. Ni nyuma y’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi, barwanya Putin, bahamagariye imyigaragambyo iteganyijwe ku Cyumweru.
Ukraine ifata ayo matora nka baringa ikaba yanatangije ku gaba ibitero biremereye mu ntara zo ku mipaka.
Mbere y’itora, Ukraine yagabye ibitero byayo byo mu kirere ku ntara z’Uburusiya, ziri hakurya y’umupaka ibihugu bisangiye.
Kugeza ubu mu bice bitandukanye birimo Kamchatka bafunguwe ibiro byinshi by’amatora ari nako umutekano ukazwa.
Putin mu 2021 yashyize umukono ku itegeko rimwemerera kwiyamamariza manda ebyiri za perezida, bikaba bishoboka ko yategeka kugeza mu 2036.


