Tanzania: Agahinda ni kose ku barundikazi b’impunzi bafite abagabo bafungiwe ahatazwi

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu barundikazi bafite abagabo bafungiye mu nkambi ya Nduta na Nyarugusu bari gutabaza, nyuma y’uko baheruka abagabo babo bafungwa ariko bakimwa amakuru yabo kugeza ubwo banabwirwa guhunguka batarikumwe nabo.

Aba babyeyi bavuga ko abagabo babo bagiye bafungwa mu bihe bitandukanye bazira amakosa bakoze ariko bagafungirwa mu makasho batazi yewe ngo banasaba kubasura ntibemererwe.Bavuga ko batazi n’iba ari bazima cyangwa niba barapfuye.

Abagabo barenga 120 bo mu nkambi za Nduta na Nyarugusu bafunzwe, bashinjwa amakosa arimo gushakisha akazi n’ubwenegihugu mu buryo butemewe n’amategeko.Ibi ngo bikomeje gutuma umubare w’impfubyi n’abapfakazi biyongera muri izi nkambi.

Buri mwaka muri Tanzania, hafungwa impunzi hafi 95.Polisi yo muri Kigoma ivuga izi mpunzi ziba zakoze amakosa atandukanye.

Bavuga ibi, mu gihe igihugu cya Tanzaniya giherutse gutangaza ko bitarenze uyu mwaka wa 2024 inkambi ya Nduta izafungwa.

SRC:VOA

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *