Idini rya Kiliziya gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kwikoma ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi , ivuga ko hari abitwikira ijoro bagakorana n’imitwe irwanya igihugu nyamara bwacya bakigira nk’aho bagikunda kurusha abandi.
Byavuzwe n’Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika muri DR.Congo , Kalidinali Frodolin Ambongo kuri uyu wa Gatanu taliki 05 Mata 2024 mu kiganiro n’itangazamakuru i Kinshasa.
Yagize ati: “Ntibishoboka ko umuntu ukunda igihugu cyacu cya Congo yaba umufatanya bikorwa n’imitwe y’itwaje imbunda, kandi ihungabanya umutekano w’igihugu.Igihungabanya umudendezo w’abaturage nti cyashyigikirwa n’abakunda igihugu. Nti bikunda. Leta igomba kwisubiraho turashaka abubaka apana abasenya.”
Aya magambo yayavuze nyuma y’uko ku munsi wa Pasika yari yavuze ko Ubutabera bwa Congo arirwo rwego rwa mbere mu guhonyora uburenganzira bw’abaturage, ikindi kandi ngo ikigaragara ni uko Congo idafite ingabo.
Yari yashimangiye ko izi ngabo zisa nk’aho ari ntacyo zifasha abaturage baturiye iki gihugu. Muri icyo gihe Ambongo abwira abakirisitu b’idini Gatolika ko igihe n’ikigera RDC izabona umuntu uyivana mu kaga.
Ibi byarakaje Guverinoma ya Congo bituma imusaba ibisobanuro binyuze mu ku muvugiza wa Leta ‘ Patrick Muyaya.’


