Kuri uyu wa Gatatu, umuyobozi ku rwego rw’ibanze yavuze ko byibuze abantu 16 bishwe n’umutwe ukekwaho kuba uw’inyeshyamba z’abayisilamu ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Inyeshyamba za Allied Democratic Forces (ADF), zifatanije na Leta ya Kisilamu, zatangiye ari inyeshyamba zirwanya ubutegetsi muri Uganda ariko zimaze imyaka igera kuri mirongo itatu zikorera mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Congo.
Umuyobozi w’ibanze, Fabien Kakule Viriro, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters ati: “Turizera ko ADF ari yo nyirabayazana w’iki gitero, bitwaje ukugenda kw’abasirikare muri ako karere baza kwica abaturage”.
Uyu muyobozi yavuze ko abahohotewe bishwe hakoreshejwe imihoro igihe bari mu ngo zabo cyangwa mu mirima, akomeza avuga ko bamwe bishwe mu gihe bagerageza gutoroka.


