Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko riri kumutegurira kugaruka ku butegetsi.
Ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho wungirije w’iri shyaka, Ferdinand Kambere.
Uyu yavuze ko “Twiteguye igaruka rya Joseph Kabila ku butegetsi. Tuzakoresha inzira zose ziteganywa n’itegekonshinga. Nta nzitizi ziteganywa n’itegekonshinga zimubuza kwiyamamaza mu gihe yaba abishaka”.
Uruhande rwa Kabila rwatangaje ko rwiteguye igaruka rye, mu gihe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumushinja kugira uruhare mu ntambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwa RDC.
Ni nyuma y’uko hari bamwe mu bahoze ari abarwanashyaka ba PPRD bihuje n’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23.
Muri Mata uyu mwaka Umunyamabanga Mukuru w’Impuzamashyaka UDPS rya Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi, Augustin Kabuya, yatangaje ko Kabila yahunze igihugu rwihishwa kuko ari “umwe mu bari inyuma y’intambara iri mu burasirazuba bw’igihugu”.
Kuva icyo gihe Kabila ntabwo arongera kugaragara mu ruhame.
Kambare yatangaje ibivugwa na Leta ya RDC bitareba PPRD “kubera ko amatora yateguwe mu rwego rw’akajagari katewe na guverinoma”.


