Kuri uyu wa Mbere, itariki 1 Nyakanga, nibura Abanyapalestine 55 bari bafungiwe muri Gaza barekuwe na Israel, barimo umuyobozi w’ibitaro bikuru byaho.
Mohammed Abu Selmia hamwe n’abandi, bafashwe mu Gushyingo ubwo Ingabo za Israel zagabaga igitero ku Bitaro bya Shifa.
Mu mashusho ya videwo yanyujijwe mu bitangazamakuru byo muri Palesitine nyuma y’irekurwa rye, Abu Selmia yashinje abategetsi ba Israel kuba barakoreye imfungwa z’Abanyapalestine ihohotera ku mubiri no mu mutwe rigamije kubambura ubumuntu, ibirego abategetsi ba Israel bamaganye.
Israel irashinja Hamas n’indi mitwe yitwara gisirikare kuba yaracumbitse mu bitaro no kubikoresha mu bikorwa bya gisirikare.
Abashinzwe ubuzima muri Palesitine bavuga ko ibitero bya Israel byatumye ibitaro byinshi bihagarika akazi cyangwa bigabanya cyane serivisi, bibangamira abaturage.
Iyi nkuru dukesha Euronews ivuga ko ibitaro birashobora gutakaza uburinzi bw’amategeko mpuzamahanga iyo bikoreshejwe mu bikorwa bya gisirikare.
Ibisasu byarashwe muri Israel bivuye muri Gaza
Hagati aho, kuri uyu wa Mbere Igisirikare cya Israel cyavuze ko ibisasu bigera kuri 20 byarashwe, bivuye muri Gaza, mu baturage begereye umupaka.
Nta makuru yahise ajya ahagaragara y’abapfuye cyangwa ibyangiritse.
Ariko mu mezi hafi icyenda y’ibitero bikomeye bya Israel muri Gaza, abarwanyi bo muri Palesitine bakomeje kugaba ibitero bya roketi bya hato na hato, nubwo ubukana bwagabanutse cyane.


