Sudan: U Burusiya n’ u Bushinwa mu bihugu bishinjwa kohereza intwaro nshya mu mutwe wa RSF

Sangiza iyi nkuru

Raporo nshya yakozwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ‘Amnesty International’, ivuga ko intwaro nshya zakozwe n’ibihugu by’ibihangange arizo zikomeje kwifashishwa mu gukaza intambara muri Sudani.

Muri iyi Raporo, Amnesty, igaragaza ko igihugu nk’Ubushinwa , Uburusiya n’ibindi bitandukanye birimo gutiza imirindi iyi ntambara.Ivuga ko kandi izi ntwaro zihoraho zikomeje guteza impfu z’abasivili n’imibabaro ku buryo budasanzwe.

Deprose Muchena, umuyobozi mukuru wa Amnesty International ushinzwe ingaruka z’uburenganzira bwa muntu mu karere, avuga ko iyo izi ntwaro zoherejwe zijya mu maboko y’Igisirikare cya RSF , ikazikoresha ihungabanya uburenganzira bw’abaturage.

Amerika iherutse gutangaza ko yatumije ingabo za Leta ya Sudan n’igisirikare cya Rapid Support Force(RSF) ku meza y’ibiganiro mu Busuwisi. Ibi biganiro biteganyijwe muri Nzeri byitezweho ko byahagarika iyi ntambara amahoro akagaruka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *