Nyuma y’uko mu Ugushyingo uyu mwaka 2024 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hateganyijwe amatora ya Perezida, Biden usanzwe ari umukuru w’iki gihugu yatangiye kugira impungenge.
Izi mpungenge w’Amerika Joe Biden Yagize, ngo ni uz’uko atizeye ko hazabaho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro mu gihe Donald Trump yaba atsinzwe amatora.
Ubwo Biden yari mu kiganiro, yabwiye CBS News ati: “Trump natsindwa, nta cyizere na busa mfite.”
“[Trump] ibyo avuze aba akomeje [aba abivuze koko], ntabwo tumuha agaciro. Aba akomeje, ibi bintu byose bijyanye na ‘nidutsindwa hazameneka amaraso’.”
Ibi Biden abishingira ko , muri Werurwe 2024, Trump yari yavuze ko mu gihe atatsinda amatora hashobora kumeneka amaraso mu gihugu.
Ku rundi ruhande abashinzwe kwamamaza Trump bavuze ko ayo magambo yarebaga by’umwihariko inganda zikora imodoka, ndetse ko yakuwe mu mvugiro (‘context’) yayo ku bushake.
Gusa abademukarate barangajwe imbere na Biden, bakomeza bashinja Trump ko ibyo yavugaga atari ibiganisha ku bucuruzi nk’uko abo ku ruhande rwe babivuga.


