Kuri uyu wa Mbere, ikigo cy’itangazamakuru gikora inkuru zicukumbuye cyo mu Burusiya, Vyorstka, cyatangaje ko u Burusiya bwinjije miliyoni zisaga 29 z’Amadolari ya Amerika n’inoti z’Amayero avuye mu Rwanda, nubwo Uburengerazuba bwabufatiye ibihano ku gutumiza amafaranga yabo mu mahanga.
Muri Werurwe 2022, Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) byabujije kohereza inoti zabo mu Burusiya nyuma yo kugaba igitero kuri Ukraine.
Kuva icyo gihe, miliyari 2.27 z’amadolari y’Amanyamerika n’ama Euro byoherejwe mu Burusiya bivuye mu bihugu nka Turukiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ndetse n’ibindi bitashyizeho amategeko abibuza.
Nk’uko Vyorstka ibitangaza, ngo ku itariki ya 23 Mutarama, Ikigo cya leta gicuruza intwaro mu mahanga, Rosoboronexport, cyayatumije muri Minisiteri y’ingabo y’u Rwanda miliyoni 29.21 z’amadolari y’inoti z’ijana ($100).
Mbere, ku itariki ya 18 Mutarama, isosiyete izwi cyane yitwa Aero-Trade, itanga serivisi zo ku dedouana zidasaba imisiro ku ndege no ku bibuga by’indege, yandikishije imizigo ibiri yinjiye mu Burusiya: umwe wa miliyoni 20 z’Amadolari n’undi wa miliyoni 20 z’Amayero (miliyoni 22.14 $).
Reuters yatangaje ko Aero-Trade ari yo sosiyete yonyine yatangaje ko yatumije mu mahanga amadevize mu mwaka wa 2022 na 2023, ivuga ko Ari inoti zingana na miliyari 1.5 z’amadolari y’Amerika mu mizigo 73 yoherejwe, buri umwe gifite agaciro ka miliyoni 20 z’amadolari cyangwa amayero. Inkomoko nyayo n’aho amafaranga agana ngo ntishobora kumenyekana.
U Rwanda rutaragira icyo rutangaza kuri Aya makuru ruravugwaho ibi mu gihe rwari mu mubare munini w’abanyamuryango ba Loni bamaganye igitero cy’u Burusiya muri Ukraine.



One Response
U Rwanda ruravugwaho gufasha u Burusiya kubona amadevize bwarafatiwe ibihano
Ubonye ibivugwa byabaye Ari ukuri, kudafasha uburusiya nkurwanda nikosa rikomeye muri dipromacie