Sengeh yagaragaje amasomo y’agaciro Sierra Leone yakuye mu Rwanda no kungurana ibitekerezo, cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga no guhanga udushya, nk’ingenzi ku bihugu byombi.
Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Nzeri, ubwo Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiraga Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku guteza imbere Urusobe rw’Ibiribwa muri Afurika ya 2024.

Sengeh n’intumwa ayoboye bari mu Rwanda aho bitabiriye inama ya “Africa Food Systems Forum 2024 (AFS Forum)”, yatangiye ku itariki ya 2 ikazageza ku ya 6 Nzeri ku nsanganyamatsiko mu Cyongereza igira iti: “Innovate, Accelerate and Scale: Delivering Food Systems Transformation in a Digital and Climate Era.”
Minisitiri w’Intebe wa Senegal yashimangiye umubano ukomeye n’ubucuti hagati y’ibihugu byombi, agaragaza umubano wa hafi hagati ya ba perezida babyo. Yavuze ko ibiganiro na Ngirente byatanze icyerekezo cy’ingamba zo kurushaho kunoza ubufatanye.
Ati: “Nka Minisitiri w’intebe, byari icyubahiro kwakirwa na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda. Twaganiriye neza ku buryo bwo gushyira mu bikorwa amasezerano atandukanye ”.

Yasobanuye ko aya masezerano akubiyemo ibintu by’ingenzi nk’ubucuruzi, guhanga udushya, umutekano, ikoranabuhanga n’ubuhinzi. Yabisobanuye agira ati: “Intego y’inama yacu yari iyo kwerekana intambwe ikurikira yo guteza imbere aya masezerano.”
Mu gihe abantu barenga 5.000 bitabiriye inama y’ubuhinzi yabereye i Kigali, yavuze ko mu nama yagiranye na Minisitiri w’intebe, ubuhinzi n’ikoranabuhanga byari ingingo nyamukuru yo kuganirwaho.

Mu nama ngarukamwaka yiga ku guteza imbere Urusobe rw’Ibiribwa muri Afurika ya 2024, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yahamagariye za guverinoma gukoresha ikoranabuhanga, mu gushyiraho uburyo buhamye bufasha buri munyafurika kubona ibiribwa bihagije binakungahaye ku ntungamubiri.


