Tanzania: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yasanzwe yishwe nyuma yo gushimutirwa muri bus

Sangiza iyi nkuru

Umurambo w’umuyobozi mukuru utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, washimutiwe muri bus n’abantu bitwaje imbunda, wabonetse mu nkengero z’umurwa mukuru w’ubucuruzi, Dar es Salaam, ufite ibimenyetso byo gukubitwa ndetse yanasutswe aside mu maso.

Iyicwa rya Ally Kibao, umwe mu bagize ubunyamabanga bw’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, CHADEMA, rishobora kwanduza isura y’ivugurura rya Perezida Samia Suluhu Hassan, wagerageje koroshya igitutu kuva yasimbura John Magafuli wapfuye ari ku butegetsi mu myaka itatu ishize.

Ku wa Gatandatu mu gitondo, umurambo wa Kibao wabonetse, nyuma y’umunsi umwe abantu babiri bitwaje imbunda bamukuye muri bus yavaga i Dar es Salaam yerekeza mu mujyi wa Tanga uherereye mu majyaruguru y’iburasirazuba, nk’uko umuyobozi wa CHADEMA, Freeman Mbowe yabitangarije abanyamakuru ku Cyumweru.

Mbowe yagize ati: “Ibizamini by’ibanze byakozwe nyuma y’urupfu kandi biragaragara ko Ally Kibao yishwe nyuma yo gukubitwa bikabije ndetse akanasukwa aside mu maso”, akomeza avuga ko raporo yuzuye ya autopsy irangira kuri uyu wa Mbere.

Perezida Suluhu Hassan yavuze ko yategetse ko hakorwa iperereza ku byo yise iyicwa rya Kibao.

Kuri iki Cyumweru, yanditse ati: “Igihugu cyacu gifite demokarasi kandi buri muturage afite uburenganzira bwo kubaho. Guverinoma nyobora ntabwo yihanganira ibikorwa nk’ibi by’ubugome.”

Polisi yavuze ko irimo gukora iperereza kuri ibi “bintu bibabaje”.

Mbowe yasabye perezida gushyiraho komisiyo y’ubucamanza ishinzwe iperereza ku ishimutwa n’iyicwa rya Kibao kubera ko, yavuze ko abapolisi bari mu bakekwa muri iyi dosiye.

Urupfu rwa Kibao ruje nyuma y’ukwezi kumwe abapolisi bafashe bagafunga by’agateganyo abayoboke ba CHADEMA barenga 500, harimo n’ubuyobozi bwabo bwo hejuru, ubwo bageragezaga guhurira mu nama y’ishami ry’urubyiruko rw’ishyaka mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *