Abimukira byibuze bagera kuri 45 bapfuye abandi basaga 100 baburirwa irengero kuri uyu wa Kabiri ushize itariki 01 Ukwakira 2024 mu Nyanja Itukura .
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abimukira, OIM, ryatangaje ko abatabazi barimo gushakisha abimukira barenga 100 ku nkombe za Djibouti, nyuma y’uko abatwara abantu mu buryo bwa magendu, babategetse gusimbukira mu nyanja.
OIM yatangaje ko imirambo 45 y’abapfuye muri iyo mpanuka yabonetse kuwa Kabiri, mu gihe imibare yayo Igaragaza ko uyu mwaka wa 2024 ari wo mwaka wapfuyemo abantu benshi nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru Reuters.
Biravugwa ko abandi bantu 154 bari mu bwato bubiri burimo abantu 310 buturutse muri Yemeni bwerekeza muri Djibouti barikowe.
Hagati aho ibikorwa byo gushakisha no gutabara kuri uyu wa Gatatu ushize byari bikomeje gukorwa n’abashinzwe umutekano w’inkombe za Djibouti, kugirango babone abimukira bataraboneka.
OIM yabwiwe ko abari mu bwato bahatiwe kubuvamo bukiri mu nyanya bugeze hafi y’inkombe z’umujyi wo ku Cyambu cya Djibouti witwa Obock.


