Umunyapolitike wo mu Buhinde yarasiwe mu murwa mukuru w’ubucuruzi, Mumbai, kuri iki Cyumweru, itariki 13 Ukwakira 2024 .
Nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza, ngo abantu bitwaje imbunda barasiye Baba Siddique w’imyaka 66, hafi y’ibiro by’umuhungu we, akaba n’umunyapolitiki.
Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho ubwo bwicanyi.
Siddique wahoze ari minisitiri, yari umuntu w’inararibonye muri politiki ya Leta ya Maharashtra, biteganijwe ko mu kwezi gutaha izabamo amatora y’abadepite.
Muri Gashyantare, yitandukanyije n’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Buhinde, Congress, maze yinjira mu ishyaka bidafitanye isano rya Nationalist Congress Party (NCP), riri mu ihuriro, BJP, riri ku butegetsi.
Minisitiri wungirije wa Maharashtra, Ajit Pawar, ukomoka mu ishyaka rimwe na Siddique, yavuze ko yatunguwe n’igitero yise icy’ubugwari.
Siddique yari azwiho gutegura ibirori by’akataraboneka ndetse no kugirana umubano wa hafi n’ibyamamare byo muri Bollywood.

Iraswa ryabaye mu gihe aho hantu umutekano wari wakajijwe kubera ibirori bikomeye by’Abahindu muri uyu mujyi.
Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yanenze guverinoma, avuga ko habaye icyuho mu mutekano. Guverinoma ya Leta yasezeranije iperereza ryimbitse.
Nubwo abantu babiri bakekwaho icyaha bafunzwe, icyabibateye ntikiramenyekana. Polisi iri gushakisha ukekwaho icyaha wa gatatu.
Bimwe mu bitangazamakuru byo mu Buhinde bivuga ko abakekwa bavuze ko bakomoka mu gatsiko kayobowe n’umugizi wa nabi uzwi cyane witwa Lawrence Bishnoi.
Bishnoi kuri ubu afunzwe azira imanza nyinshi zikomeye. Yagize kandi uruhare mu iyicwa ry’umuraperi wo mu Buhinde, Sidhu Moose Wala mu 2022.
Iraswa ryabaye nyuma y’ibyumweru umutekano wa Siddique wongerewe nyuma yo guterwa ubwoba ko azicwa.


