Ethiopia: Amakimbirane hagati y’ingabo za leta na Fano ashobora kuvamo indi ntambara yagutse

Sangiza iyi nkuru

Imirwano ikaze mu karere ka Amhara muri Ethiopia hagati y’ingabo za leta n’umutwe w’inyeshyamba zo muri Amhara iratera impungenge ko ishobora kuvamo intambara yagutse.

Muri Nzeri, imirwano yabereye mu mijyi ya Debark na Dabat mu majyaruguru ya Gondar byahitanye nibura abantu icyenda abandi 30 barakomereka. Muri uko kwezi, umutwe w’ingabo zo mu bwoko bw’Abanya-Amhara uzwi ku izina rya Fano wafashe akanya gato Gondar, umujyi ukomeye mu by’umuco kuva kera.

Impande zombi ngo zisa nk’izirimo kwitegura amakimbirane y’igihe kirekire nk’uko iyi nkuru dukesha Africa Defence Forum ikomeza ivuga.

Gen. Tefera Mamo wahoze ari umuyobozi w’ingabo muri Ethiopia winjiye muri Fano muri iyi mpeshyi, aganira n’imbaga yishimye i Shewa, yavuze ko ifite imbaraga kandi ko igihe kitaragera cyo gushyikirana. Tefera yagize ati: “Reba iyi ntambara y’intwaro, reba uko yakuze mu mwaka umwe gusa.” Ati: “Nta muntu ushobora kuduhagarika mu gihe tugenda dutera imbere.”

Fano yashinzwe mu 2016 nka muvoma yo kwigaragambya nyuma iza kuba umutwe witwaje intwaro uvuga ko urengera uburenganzira bw’ubutaka bwa Amhara n’izindi nyungu. Mu ntambara yo mu 2020 kugeza 2022 yabereye mu karere ka Tigray, Fano yafatanyije n’ingabo za leta mu kurwanya umutwe wa TPLF. Yaba Fano, kimwe n’ingabo za guverinoma na TPLF, bashinjwe ibyaha by’intambara bikabije birimo n’ibitero simusiga byibasiye abasivili.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *