Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel, Israel Katz, yamaganye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, kubera ko atanditse ku rupfu rwa Yahya Sinwar, wari Umuyobozi wa Hamas .
Katz yashinje Guterres “kuyobora gahunda ikabije yo kurwanya Israel no kurwanya Abayahudi” abihuza na Guterres avuga n’ikibigaragaza yanze gutangaza ko Hamas ari umutwe w’iterabwoba nyuma y’ibitero yagabye muri Israel .
Sinwar, umuntu udakunze kugaragara, bivugwa ko ari we wateguye igitero cy’iterabwoba cyagabwe mu majyepfo ya Israel ku itariki ya 7 Ukwakira 2023 cyakurikiwe n’ntambara iteye ubwoba, ubu imaze umwaka wose hagati ya Hamas na Israel mu karere ka Gaza ndetse yinjiramo abafatanyabikorwa bayo, Hezbollah muri Libani.
Guterres yakunze kugirana amakimbirane na Israel kubera ko Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ukomoka muri Portugal, yanze gushyigikira ku mugaragaro ibikorwa byo kwihorera bya Israel.


