Gicumbi:Ubushinjacyaha bwaregeye urukiko umugabo washatse kwica umugore n’abana be

Sangiza iyi nkuru

Ku itariki ya 23 Ukwakira 2024, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi, bwaregeye urukiko rw’Ibanze rwa Byumba, umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wagerageje kwica umugore n’abana be.

Icyaha aregwa yagikoze ku itariki ya 11/04/2024 ubwo yatonganaga n’umugore we n’abana agashaka kubatema bakiruka bakamucika. Nyuma yo kumucika, yafashe umuhoro atemagura ihene zari ziziritse mu rugo arangije aratoroka. Aho agarukiye, yakomeje kubakangisha kuzabica. Nyuma yaje gufatwa n’inzego z’Ubutabera arakurikiranwa.

Mu ibazwa rye yemera icyaha aregwa agasobanura ko yabitewe n’ubusinzi.

Icyaha akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 8 y’Itegeko no 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura ingingo ya 190 y’ Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Nikimuhama, azahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500.000 FRW) ariko atarenze miliyoni imwe (1.000.000 FRW).

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *