Umunyapolitikekazi ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi mu gihugu cya Malawi, Patricia Kaliati, yashinzwe gucura umugambi wo kwivugana Perezida Lazarus Chakwera .
Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UTM, Patricia Kaliati, yatawe muri yombi mu cyumweru gishize acyekwaho “gucura umugambi afatanyije n’abandi wo gukora icyaha gikomeye”.
Ubwo yitabaga mu rukiko rwo mu murwa mukuru Lilongwe, kuwa Mbere, itariki 28 Ukwakira 2024, uyu mugore w’imyaka 57 yirinze kugira icyo avuga. Ariko umwunganizi we mu mategeko yavuze ko uwo munyapolitike akomeje kuvuga ko ari umwere, nkuko ibitangazamakuru byo muri Malawi byabitangaje.
Amakuru macye ajyanye n’uwo uvugwa ko ari umugambi wo kwica Perezida Chakwera ni yo yatangajwe, ndetse abanyapolitike batandukanye batavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko ibirego kuri Kaliati bishingiye ku mpamvu za politike.
Mbere y’iburanisha abashyigikiye ishyaka UTM bateraniye hanze y’urukiko baririmba indirimbo zamagana leta, nkuko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Mu cyumba cy’iburanisha, urukiko rwumvise ko Kaliati afite abantu babiri bacuranye uwo mugambi bivugwa ko bagishakishwa.
Nyuma umucamanza yanzuye ko Kaliati ashobora kurekurwa by’agateganyo amaze kwishyura amafaranga y’ingwate, mu gihe amaperereza akomeje.
Umushinjacyaha wa leta yari yasabye ko Kaliati afungwa ikindi cyumweru kimwe.


