U Rwanda rwongeye koherereza abanya-Gaza imfashanyo

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yohereje imfashanyo ingana na Toni 19 muri Gaza, mu rwego rwo gufasha abaturage bo muri iyi ntara bugarijwe n’ingaruka z’intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas.

U Rwanda rwatanze iyi mfashanyo rufatanyije n’ubwami bwa Jordan, ikaba yatanzwe biciye mu muryango ukora ibikorwa by’ubutabazi w’ubu bwami.

Imfashanyo u Rwanda rwatanze kuri uyu wa Kane igizwe n’ibiribwa birimo n’amata y’abana, imiti ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu buvuzi.

Iyi mfashanyo yiyongereye ku yindi u Rwanda rwohereje muri Gaza mu Ukwakira umwaka ushize.

Kuva muri uko kwezi umujyi wa Gaza Strip wo muri Palestine wugarijwe n’ibitero ingabo za Israel zimaze umwaka urenga zigaba ku mutwe wa Hamas, nyuma y’igitero wagabye kuri iki gihugu ku wa 7 Ukwakira 2023.

Kugeza ubu abanya-Palestine barenga 43,000 bamaze kugwa muri iyi ntambara, mu gihe abarenga miliyoni 2 bagizweho ingaruka na yo ku buryo bakeneye ubutabazi.

U Rwanda mu itangazo rwasohoye rwasabye ko iyi ntambara ihagarara, ikindi ubuzima bw’abaturage b’abasivile bukarindwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *