Mu gihe kitageze ku mwaka hamaze kugaragara abarwayi 500,000 ba malaria – RBC

Sangiza iyi nkuru

Mu mezi 9 y’uyu mwaka wa 2024, mu Rwanda abarwayi ba Malariya bikubye kabiri ugereranyije no mu mwaka wa 2023, aho bavuye ku 300,000 mu 2023, bagera ku 500,000 mu mezi icyenda y’uyu mwaka nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC.

Ubwiyongere bw’iyi ndwara bwagaragaye cyane mu turere twa Gisagara, Bugesera, Nyagatare , Kirehe, Nyaza, Kicukiro na Gasabo. Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya malariya muri RBC, Dr Mbituyumuremyi Aimable, avuga ko uku kwiyongera kwatumye n’abarwaye marariya y’igikatu nabo biyongereye. Aba bavuye kuri 850 bariho mu mezi icyenda ya mbere ya 2023, mu gihe uyu mwaka wo abarwayi bageze ku 2.000.

Kalisa Pie, umukozi ushinzwe imibare, mu kiganiro yahaye Ijwi ry’Amerika, yahamije ko mu kigo Nderabuzima cyabo malariya yiyongereye ugereranyije n’imibare bari bafite umwaka ushize.

Mu buryo bwo kwirinda iki cyorezo bwatekerejweho, Dr Aimable Mbituyumuremyi yongeraho ko inzego z’ubuzima zizakomeza gushyigikira ingamba zirimo gukomeza gutera imiti mu turere 12 tuzahaye cyane kurusha utundi.

Mu mwaka wa 2016-2017 ni bwo mu Rwanda hagaragayemo abarwayi benshi ba malariya kuko bari hejuru ya miliyoni eshanu mu gihugu. Abari barwaye malariya y’igikatu bari 18.000, ikaba yarahitanye abantu 600 nk’uko byemezwa na RBC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *