Abaturage ibihumbi ba Angola bagizwe n’abayoboke b’ishyaka UNITA ritavuga rumwe na leta kuri uyu wa Gatandatu bigabije imihanda yo mu murwa mukuru, Luanda, mu myigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bw’ishyaka MPLA riyobowe na Perezida Joao Lourenco .
Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa byavuze ko abantu hafi 4,000 bakoze urugendo mu ituze baherekejwe n’abapolisi.
Ni ubwa mbere hari habaye imyigaragambyo yitabiriwe cyane nyuma y’iyabaye mu 2022 ubwo ishyaka UNITA ryanze kwemera ibyavuye mu matora.
Abigaragambya bari bafite ibyapa byanditseho amagambo amwe avuga ko ‘Lourenco akwiye gutaha’ abandi bari bafite ibyanditseho ko ‘abaturage bibasiwe n’ikibazo cy’inzara.’
Hari n’abavugaga ko barambiwe ubutegetsi bw’igitugu.
Umunyamabanga Mukuru wa UNITA, Alvaro Chikwamanga yabwiye AFP ko imyigaragambyo yabo yari igamije kwamagana imiyoborere mibi.
Perezida Joao Lourenco uri ku butegetsi yagiyeho mu 2017 asimbuye Jose Eduardo do Santos wari umaze imyaka hafi 40 ku butegetsi. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashinja Lourenco gutegekesha igitugu.


