Inzego z’umutekano muri Philippines zakajije ingamba z’umutekano kuva kuwa wa Gatandatu, itariki 23 Ugushyingo 2024 nyuma y’uko Visi Perezida, Sara Duterte, akangishije Perezida w’iki gihugu, Ferdinand Marcos Jr., kumwica.
Duterte yavugiye ibi mu kiganiro n’abanyamakuru cya mu gitondo avuga ko yavuganye n’umwicanyi, amutegeka kwica Marcos, umugore we, na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Philippines, mu gihe nawe yakwicwa.
Duterte yagize ati: “Naganiriye n’umuntu. Navuze nti, ninicwa, genda wice BBM (Marcos), umudamu we, Liza Araneta, na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Martin Romualdez. Nta rwenya. Nta rwenya.” BBM ni impine y’amazina ya Perezida Bongbong Marcus.
“Navuze nti, ntuhagarare utabishe bose, hanyuma aravuga ati yego.”
Duterte yasubizaga umuntu watanze ibitekerezo kuri internet wamugiriye inama yo kwirinda kubera ko ari mu kaga kuko ari ku butaka bw’umwanzi kuko yari mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite nijoro ari kumwe na chief of staff we nk’uko bitangazwa na CNN.
Mu kiganiro yagize ati: “Iki gihugu kirajya ikuzimu kuko tuyobowe n’umuntu utazi kuba perezida kandi akaba umubeshyi”.
Kuri iki Cyumweru, itariki 24 Ugushyingo, umuyobozi wo hejuru yavuze ko akanama gashinzwe umutekano muri Philippines kazagenzura iterabwoba ry’ubwicanyi ryakozwe na Duterte, avuga ko ari “ikibazo cy’umutekano w’igihugu.”
Mu kiganiro yagize ati: “Iki gihugu kigiye ikuzimu kuko tuyobowe n’umuntu utazi kuba perezida kandi akaba umubeshyi”.
Ku cyumweru, umuyobozi wo hejuru yavuze ko akanama gashinzwe umutekano muri Philippines kazagenzura iterabwoba ry’ubwicanyi ryakozwe na Duterte, avuga ko ari “ikibazo cy’umutekano w’igihugu.”
Umujyanama w’umutekano mu gihugu, Eduardo Ano, yavuze ko guverinoma ifata iterabwoba ryose kuri perezida nk’ikintu “gikomeye,” yiyemeza gukorana neza n’inzego zishinzwe kubahiriza amategeko n’inzego z’ubutasi kugira ngo hakorwe iperereza ku iterabwoba ndetse n’abashobora kuba babikora.
Mu magambo ye, Ano yagize ati: “Iterabwoba iryo ari ryo ryose ku buzima bwa perezida rizemezwa kandi rifatwe nk’ikibazo cy’umutekano w’igihugu.”
Mu gusubiza iterabwoba rya Duterte, ubuyobozi bushinzwe umutekano wa Perezida Marcos bwavuze ko bwakomeje protocole zabwo mu kurinda Umuyobozi wa Philippines kandi umuyobozi wa polisi y’igihugu yategetse ko hakorwa iperereza.
Duterte na Marcos bigeze kuba abafatanyabikorwa muri politiki batsindiye manda ikomeye yo kuyobora imyanya bibiri ya mbere yo hejuru mu gihugu mu 2022. Ubumwe bwabo bwasenyutse muri uyu mwaka kubera kutabona ibintu kimwe muri politiki, birimo politiki y’ububanyi n’amahanga ndetse n’intambara yo kwica abacuruza ibiyobyabwenge yatangijwe n’uwahoze ari Perezida, Rodrigo Duterte, se wa Visi Perezida, Sara Duterte.


