Intambara idasanzwe hagati y'igisamagwe n'Ingona yasize kimwe kivuganye ikindi (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Mu mugezi wo mu gihugu cya Brazil abakerarugendo baherutse gukurikira intambara hagati y’igisamagwe n’ingona yo mu bwoko bwa Caima, gusa uyu murwano ukaza kurangira igisamagwe kiyivuganye ndetse kikayijyana mu bihuru kuyirya.

Izi nyamaswa zose z’inkazi zabanje kwigaragura karahava ariko burya ngo akaruta akandi karakamira, imwe muri zo yaje kuyamanika

Izi nyamaswa zabane kurwanira mu mazi, ariko bigaragara ko Igisamagwe cyayinesheje

Koko ngo ntiiyari izi gufata ku gakanu, iyi nyamaswa iba izi aho ikico giherereye na yo yahereye mu ngoro y’ingona iyheza umwuka

Kugirango kiyineshe, igisamagwe cyafatiye mu ijosi


Uyu mufotozi Chris Brunskill avuga ko yategereje iyi mirwano yamaze hafi iminota 20 inyamaswa ziri kwigaragura zikava mu mazi kugeza imwe ijyanye indi mu bihuru yayirangije.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru