Ikigo cy’abacanshuro b’Abarusiya, kimaze kwamamara kizwi nka Wagner Group, kiyobowe n’umwe mu nshuti za hafi za Perezida Putin, kiravugwaho kuba cyatangiye gukura indwanyi zacyo zizobereye urugamba muri Afurika kugira ngo boherezwe mu Burayi bw’i Burasirazuba aho ingabo z’u Burusiya zarunzwe hafi ya Ukraine.
Nk’uko byatangajwe n’abasirikare bakuru babiri bo muri Repubulika ya Centrafrique (CAR) umubare utigeze ubaho w’abacanshuro ba Wagner bavuye mu gihugu berekeza mu Burayi bw’i Burasirazuba muri Mutarama ndetse n’abandi benshi bitegura kugenda mu byumweru biri imbere.
Umupolisi ukora ku cyicaro gikuru cya gisirikare mu murwa mukuru wa CAR, Bangui, yabwiye ikinyamakuru Daily Beast ati: “Ubusanzwe iyo twumvise ko bamwe bagiye, dusanga ari abantu bake, rimwe na rimwe abantu batanu cyangwa batandatu mu kwezi.” Ati: “Ni ubwa mbere twumva ko abantu benshi bagiye mu kwezi.”
Umugabo umwe uherutse gufungwa n’abacanshuro ba Wagner Group yatangarije ikinyamakuru Daily Beast ko yumvise ingabo za CAR mu nkambi yari afungiyemo zivuga kwimuka gutunguranye kw’abarwanyi bagurwa berekeza muri Ukraine.
Iki cyemezo gifashwe mu gihe abategetsi ba Ukraine batangaje ko u Burusiya barunze ingabo n’ibikoresho mu turere twegereye umupaka wa Ukraine.
Ikigo cy’ubutasi cya gisirikare cya Kiev cyatangaje mu cyumweru gishize ko Moscou irimo “gushaka abandi bacanshuro ” boherezwa mu turere tugenzurwa n’abashaka kwitandukanya na Ukraine.
Bamwe bavuga ko Wagner ari “igisirikare bwite cya Putin.” bakunze koherezwa rwihishwa mu turere u Burusiya buba buhakana ko buhafite ibikorwa bya gisirikare.



2 Responses
Abacanshuro b’Abarusiya batangiye gukurwa muri Afurika boherezwa hafi ya Ukraine
Nibagende bakore umuti vyihuse
Abacanshuro b’Abarusiya batangiye gukurwa muri Afurika boherezwa hafi ya Ukraine
Nibagende bakore umuti vyihuse