Ikipe y’Igihugu “Amavubi” iri kubarizwa muri Madagascar mu mikino ya gicuti itegura imikino yo mu matsinda yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Isi giteganyijwe muri 2026.
Amavubi arakina imikino ibiri ya gicuti muri iki gihugu, aratangira akina na Botswana kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Werurwe 2024.
Ku munsi w’ejo hashize nibwo abasore b’Amavubi bakoze imyitozo ya nyuma itegura uyu mukino w’ishiraniro utegerejwe n’abanyarwanda batari bake bashaka kureba urwego rw’ikipe yabo y’igihugu.
Amavubi yakoze iyo myitozo nyuma y’uko umutoza mukuru wa Amavubi, Torsten Frank Spittler na Kapiteni Djihad Bizimana bavuye mu kiganiro n’itangazamakuru ryo muri Madagascar.
Mu myitozo ya nyuma, umutoza yagerageje bumwe mu buryo ari bukoreshe kuri uyu mukino ndetse yanagiye ahitamo bamwe mu bakinnyi araza gukenera.
Nka Bwiza.com, twabateguriye abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti baza gukinamo na Botswana.
Umukino wa Amavubi na Botswana uraba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Werurwe 2024 saa Cyenda (15h00).
Mu izamu
Ntwari Fiacre
Ba myugariro
Imanishimwe Emmanuel
Ombolenga Fitina
Mutsinzi Ange
Manzi Thierry
Mu kibuga hagati
Bizimana Djihad
Rubanguka Steve
Muhire Kevin
Abashaka ibitego
Byiringiro Lague
Nshuti Innocent
Mugisha Gilbert




One Response
Abakinnyi 11 Amavubi ashobora kubanza mu kibuga
namberzanshuti innocent