Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Eritrea bakina umukino wo gusiganwa ku magare, bakiriwe mu buryo bw’agahebuzo bakigera iwabo, nyuma yo kwegukana Tour du Rwanda ya 2020.
Kuri uyu wa 04 Werurwe ni bwo abakinnyi ba Team Eritrea basesekaye i Asmara bakubutse i Kigali, bakorerwa akarasisi kadasanzwe n’abaturage ba kiriya gihugu.
Amafoto yagiye hanze agaragaza imodoka nyinshi ndetse n’abaturage ba Eritrea bashagaye abakinnyi babo.



Mu busanzwe igare riri mu byibanze biranga ubuzima bwa buri munsi bw’umuturage wa Eritrea, ikaba impamvu nyamukuru iki gihugu gikunze kwiharira amasiganwa y’amagare atandukanye, haba imbere ku mugabane wa Afurika ndetse no hanze yawo.
Umukino w’amagare uza ku isonga ry’ikunzwe muri iki gihugu kibarizwa mu ihembe rya Afurika.
Nyuma y’uko Merhawi Kudus yegukanye Tour du Rwanda ya 2019, uwari utahiwe muri uyu mwaka ni Natnael Tesfazion wegukanye iri siganwa ahigitse Umunyarwanda Mugisha Moïse wabaye uwa kabiri ku rutonde rusange.
Ni isiganwa rya kabiri rikomeye hano ku mugabane wa Afurika Tesfazion yari atwaye muri 2020, nyuma ya La Tropicale Amissa Bongo yegukanye muri Mutarama.
Tesfazion kandi yabaye Umunya-Eritrea wa gatatu ushoboye kwegukana Tour du Rwanda mu myaka 12 imaze ikinwa, nyuma ya Kudus n’igihangage Daniel Teklehaimanot Girmazion.


