Abagize Ikipe y’Igihugu ya Guinée-Equatoriale, Nzalang Nacional, bambitswe imidari y’ishimwe na Visi-Perezida Teodoro Nguema Obiang bashimirwa uko bitwaye neza mu mikino y’Igikombe cya Afurika iri kubera muri Caméroun.
Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Gatatu ni bwo iyi kipe yakiriwe mu ngoro y’umukuru w’igihugu, abayigize bambikwa imidari yo mu bwoko bwa Silver na Knight.
Uretse iyi midari, abakinnyi n’abatoza ba Nzalang Nacional banahawe na Visi-Perezida Obiang sheke ya miliyoni 600 z’ama CFA (Arenga Frw miliyari imwe) nk’ishimwe ry’uko barahesheje ishema igihugu.
Guinée-Equatoriale ni imwe mu makipe yitwaye neza cyane mu mikino y’Igjkombe cya Afurika, mbere yo kugarukira muri 1/4 cy’irangiza aho yasezerewe na Lions de la Teranga ya Sénégal yaraye igeze ku mukino wa nyuma ku bitego 3-1.
Iyi kipe mbere yo kugera muri 1/4 yari yakoze akazi gakomeye ko gusezerera muri 1/8 cy’irangiza Les Aigles du Mali kuri Penaliti 6-5, nyuma y’uko iminota 120 yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.
Iyi kipe kandi yari yitwaye neza mu mikino yo mu tsinda yarangiye iri ku mwanya wa kabiri, izamukana na Côte d’Ivoire isize Algerie ifite igikombe cya Afurika giheruka.


