Abakuru b’ibihugu bya EAC bagiye guhurira mu nama yiga kuri COVID-19

Sangiza iyi nkuru

Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bazatarena ku wa gatatu taliki ya 15 Mata 2020 mu nama izaba yiga ku cyorezo cya Virusi ya Corona.

Ni amakuru yemejwe na Dr Vincent Biruta, umuyobozi w’inama y’Abaminisitiri b’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu itangazo rigenewe ibihugu binyamuryango bya EAC.

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu izaba hifashishijwe uburyo bw’iyakure ry’amashusho (VidĂ©o ConfĂ©rence). Ni inama ije mu gihe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’Isi bugarijwe n’icyorezo cya Virusi ya Corona.

Muri iyi nama byitezwe ko ibihugu binyamuryango bya EAC bizarebera hamwe uko byafatanya mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona, no gukomeza urujya n’uruza rw’ibicuruzwa mu karere.

Ni inama ije nyuma y’iheruka guhuza abaminisitiri b’ubuzima bo muri ibi bihugu n’abandi batandukanye bashinzwe ibikorwa by’uyu muryango yabaye mu kwezi gushize iyobowe na Minisitiri w’ubuzima w’u Rwanda, Dr Daniel Ngamije, yafatiwemo ibyemezo 12 byose bifitanye isano no kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Na yo yari yabaye hifashishijwe Video Conference.

Yafatiwemo imyanzuro 12 irimo, gusaba ibihugu bigize EAC gukomeza gushyira mu kato k’iminsi 14 abaza muri aka karere. Harimo kandi gusaba ibihugu gukomeza gusuzuma 100% abinjira n’abasohoka hakoreshejwe uburyo bugezweho bwifashisha imirasire mu kwirinda icyuho mu bagenzi bashobora kuyikwiza.

Bemeje ko urujya n’uruza rw’ibicuruzwa mu karere rukomeza ariko imodoka zibitwara zikagenzurwa ko zitarengeje abantu batatu, na bo bagasuzumwa kuko bari mu bafite ibyago byo kwandura no kwanduza.

Ikindi bavuze ko ibyo batwaye mbere yo kwambuka bizajya bibanza gukizwa ibishobora kubyanduza kandi ababitwaye bagashyirwa mu kato k’iminsi 14 bigendanye n’amabwiriza y’aho bagiye.

Abatwara amakamyo basabwe guhagarara ahantu hagenwe gusa mu kwirinda ko habaho gukwirakwiza iyo ndwara.

Abaminisitiri bashyizeho uburyo bahuriyeho bwo kugenzura ibyo bumvikanyeho no guhanahana amakuru kuri iki cyorezo mu karere nk’uko itangazo ryabo ribivuga.

Ni ubwa mbere muri uyu mwaka wa 2020 abakuru b’ibihugu binyamuryango bya EAC bagiye kuganira, nyuma y’inama eshatu bagiye bapanga kugirana gusa bikarangira zisubitswe bya hato na hato.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *