Rwanda: Abamaze gukira Covid-19 bageze kuri 49

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 14 Mata 2020 yatangaje ko abandi bantu 7 bakize indwara y’icyorezo ya Covid-19, abamaze gukira bose hamwe bageze kuri 49. Ni mu gihe iyi Minisiteri yatangaje kandi ko habonetse abandi barwayi b’iki cyorezo 7, biyongera ku bandi 127 bari bamaze kugaragara mbere yaho. Aba barwayi bashya baonetse mu […]
Goma/Bukavu: Abayoboke ba Kamerhe mu myigaragambyo ikomeye batitaye kuri Coronavirus

Mu mijyi ya Goma na Bukavu muri Kivu zombi, mu burasirazuba bwa Congo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata hadutse imyigaragambyo y’abayoboke b’ishyaka rya UNC basabaga gufungura byihuse umuyobozi wabo, Vital Kamerhe, kuri ubu ufunze arimo gukorwaho iperereza ku ikoreshwa ry’amafaranga yari agenewe “Gahunda y’Iminsi 100” ya Perezida Felix Tshisekedi yo guhangana n’icyorezo cya […]
Museveni yongereye guma mu rugo, mu Rwanda na ho hari ibyago by’uko yakongerwa
Perezida Yoweri Kaguta Museveni yongereye igihe cya gahunda yo kuguma mu rugo ku baturage ba Uganda, mu gihe Abanyarwanda na bo bafite ibyago byinshi by’uko Guverinoma ishobora kongera iki gihe. Perezida Museveni mu ijambo yagejeje ku Banya-Uganda ku manywa yo kuri uyu wa kabiri, yababwiye ko gahunda ya guma mu rugo yongeweho ibyumweru bitatu, uhereye […]
Kigali: Msichana atuhumiwa kumtupa mtoto chooni
Msichana dobi, Useguwenimana amekamatwa kwa tuhuma za kumtupa mtoto chooni baada ya kumzaa Kijijini Gisasa, Wilaya ya Gasabo, Mjini Kigali. Majirani wamesema taarifa za kisa hicho zimejuliana lei asubuhi baada ya wenyeji wake kuona damu nyingi chooni. Alipoulizwa, Devota amesema kuwa alikwenda haja kubwa ndogo na kuhisi kitu kimeanguaka chooni. Viongozi mtaani wamesema inawezekana kama […]
Idini, ukuboko kw’iburyo k’ubukoloni
Mu Rwanda umubare munini w’abaturage barwo ni abayoboke b’amadini, yaje mu Rwanda avuga ko aje kwigisha inkuru nziza ya Yezu Kristu, kwigisha urukundo no kuzana urumuri n’umucyo mu bantu. N’ubwo avuga ko ari icyo cyayazanye ariko iyo urebye umusaruro wayo mu mibereho, imigirire n’imibanire y’abantu usanga mu myaka isaga 120 ayo madini amaze mu Rwanda […]
Kwibuka 26: 55 genocide ideology related cases recorded in one week
Rwanda Investigation Bureau (RIB) has announced that at least 55 cases of genocide ideology were registered during the just-concluded national week to commemorate the 1994 genocide against the Tutsi. RIB spokesperson Marie-Michelle Umuhoza said that 38 suspects have been arrested so far while others are still on the run. The week to mark the 26th […]
Musanze: Hasanzwe umusaraba mu isambu y’uwarokotse jenoside
Mu isambu ya Nizeyimana Jacques warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, iri mu Mudugudu wa Rugeshi mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve ho mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuwa 12 Mata 2020, hasanzwe Umusaraba ndetse n’ibihingwa birimo insina n’amasaka byaranduwe. Abaturage bo mu gace byabereyemo baganiriye na TV1 bavuga ko ” Iki […]
Gasabo: Umukobwa arakekwaho kubyara umwana akamuta mu musarani
Umukobwa witwa Devota Useguwenimana wakoraga akazi ko mu rugo mu Mudugudu wa Gisasa, Akagari ka Ngara mu Murenge wa Bumbogo, arakekwaho kubyara umwana akamuta mu musarani. Umwe mu baturage bo muri uyu mudugudu yatangarije Bwiza.com ko Useguwenimana bikekwa ko yataye uwo mwana w’umuhungu mu musarani mu ijoro ryakeye kuko abakoresha be babimenye mu gitondo. Uyu […]
Umurinzi wa Perezida Kenyatta yatawe muri yombi azira gusuzugura General
Mu ijoro ryo ku cyumweru ku wa 12 Mata, umwe mu barinzi ba Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, yatawe muri yombi na Polisi ya kiriya gihugu nyuma yo gushwanira ku muhanda n’umwe mu basirikare bakomeye. Amakuru avuga ko uwo musirikare yatawe muri yombi akanamburwa imbunda yari afite, ariko ntafungwe igihe kirekire nyuma y’amabwiriza yatanzwe n’umuyobozi […]
RBC yasubije abibaza niba raporo ya Covid-19 itabamo amabanga
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Nsanzimana Sabin kuri uyu wa 13 Mata 2020 , yasubije abibaza kuri raporo zitangwa na Minisiteri y’Ubuzima zivuga ku mibare mishya ku cyorezo cya Covid-19 abaturage bavuze ko ishobora kuba ibamo ibanga ryashyira ubuzima bwabo mu kaga. Kuva umurwayi wa mbere wa Covid-19 yemezwa mu Rwanda tariki ya 14 […]
Hon. Sebaba: Covid-19 izahangura ingoma z’ubutegetsi
Iki cyorezo kiyogoje Isi kitigeze kibaho kuva yaremwa kimaze kugarika ingogo ku buryo kitazasiga n’ingoma z’ubutegetsi. Ubu twandika iyi nkuru, umubare w’abamaze guhitanwa nacyo umaze kurenga 119,000. Isi yose iri mu marira, abahanga, abashakashatsi, abaganga, abakomeye n’abihaye Imana bose barashobewe bakiburiye igisubizo. Abategetsi hose ibintu byarabarenze birirwa ku ma radiyo n’amatelevisiyo bavuga ubutumwa bumwe ku […]
Gen. Tumukunde yangiwe kuburana yidegembya
Uwahoze ari Minisitiri w’Umutekano wa Uganda Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde, yangiwe kuburana ari hanze ku bw’impamvu ebyiri zatangajwe n’umucamanza. Televiziyo ya NTV itangaza ko izi mpamvu ari ukuba ” Hari amabwiriza yo kudakora ingendo muri ibi bihe bya Coronavirus ndetse no kuba yatanze abishingizi bakwizerwa.” Ni urubanza kuri ubu rukomeje kubera mu Rukiko rwa […]
Umukobwa wa Mayweather ashobora gufungwa imyaka 99
Umukobwa w’igihangange mu iteramakofe, Floyd Mayweather witwa Iyanna ashobora gufungwa imyaka 99 ku bwo gutera icyuma umugore wabyaranye n’umukunzi we witwa YoungBoy. Gutera icyuma uyu mugore witwa Lapattra Lashai Jacobs, byabaye kuwa 4 Mata uyu mwaka nyuma y’aho Iyanna asanze Lashai mu rugo kwa YoungBoy. Iyanna yasabye Lashai gutaha undi arabyanga. The Mirror yanditse ko […]
Ivan Rakiti? yabwiye FC Barcelona ko atari ‘umufuka w’ibijumba’ ikoresha icyo ishatse
Umunya-Croatia Ivan Rakitic ukinira FC Barcelona, yabwiye iyi kipe ko ari we ufite mu biganza ahazaza he, yongeraho ko atari ‘umufuka w’ibijumba’ iriya kipe yakoresha icyo ishatse. Aya magambo Rakitic ukina hagati mu kibuga muri FC Barcelona, yayatangaje ubwo yagiranaga ikiganiro cyihariye n’ikinyamakuru Mundo Deportivo. Yagarukaga ku buryo abayeho muri iyi kipe y’i Catalunya, ndetse […]
Kenya: Umudepite yafatiwe mu kabari mu bihe bya COVID-19
Polisi ya Kenya ivuga ko muri weekend ya pasika yafashe igafunga abantu hafi 100 barimo umudepite wa Nairobi, banywa inzoga mu tubari bishe amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya coronavirus. Aba bafashwe bose bagomba gushyirwa mu kato bazamaramo iminsi 14 nyuma bakagezwa mu nkiko baregwa kurenga ku mabwiriza abuza abantu kwegerana no guteranira hamwe. Muri abo […]
Abakuru b’ibihugu bya EAC bagiye guhurira mu nama yiga kuri COVID-19
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bazatarena ku wa gatatu taliki ya 15 Mata 2020 mu nama izaba yiga ku cyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru yemejwe na Dr Vincent Biruta, umuyobozi w’inama y’Abaminisitiri b’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu itangazo rigenewe ibihugu binyamuryango bya EAC. Iyi nama y’abakuru b’ibihugu izaba hifashishijwe uburyo bw’iyakure […]
Covid-19: Abagore barambiwe akabariro, ibintu bafata nk’ihohoterwa
Indwara y’icyorezo ya Covid-19 yatwaye ubuzima, irabwonona ndetse itera n’ihungabana rikomeye ku buzima bw’abantu n’ubw’ibihugu nk’ubukungu. Byatumye ibihugu bitandukanye bifata ingamba zijyanye n’intera kimaze kugeraho iwabyo mu buryo bwo kukirwanya no gukumira ikwirakwira ryacyo ariko bimaze kugaragara ko byabaye umwanya usesuye w’ihohoterwa rikorerwa mu ngo, bigera no kuri gahunda y’akabariro. Mu ngamba zikakaye zafashwe harimo […]
Abagore barifuza kuryamana na padiri babonye asoma misa kuri Mashami

Abagore bo muri Kenya barebye misa yo ku Cyumweru cya Mashami kuri televiziyo bavuga ko bifuje kuryamana na Padiri Charels Kariuki Wachira, bavuga ko ari mwiza cyane ndetse ko bamaze igihe bamwifuza. Padiri Wachira yasomye ibyanditswe mu misa yo kuwa 5 Mata ubwo hatangiraga icyumweru gitagatifu muri Bazilika yitwa Holy Family iri i Nairobi. Nyuma […]
U Burundi bwongeye kwemerera amakamyo aturutse mu Rwanda kwinjira ku butaka bwabwo
Guverinoma y’u Burundi yongeye gufungura imipaka y’iki gihugu ku makamyo atwara ibicuruzwa aturutse mu Rwanda no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibyumweru bibiri iki gihugu cyarayifunze ku mpamvu zari ziswe izo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ku wa 30 Werurwe ni bwo u Burundi bwari bwahagaritse amakamyo atwara ibicuruzwa by’ibihugu byo […]
Didier Drogba yahinduye ibitaro bye ikigo kivurirwamo Coronavirus
Umunya CĂ´te d’Ivoire, Didier Drogba, yahaye Leta y’igihugu cye ibitaro bye ngo bikoreshwe nk’ikigo kizajya gikurikiranirwamo abanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. Ibi bitaro bya Drogba biherereye i Abidjan, bikaba byarafunguwe muri 2016 mbere yo kwitirirwa Laurent Pokou wahoze akinira inzovu za CĂ´tĂ© d’Ivoire wapfuye muri uriya mwaka. Amakuru y’igikorwa cya Drogba yashimangiwe na Vincent […]