RBC yasubije abibaza niba raporo ya Covid-19 itabamo amabanga

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Nsanzimana Sabin kuri uyu wa 13 Mata 2020 , yasubije abibaza kuri raporo zitangwa na Minisiteri y’Ubuzima zivuga ku mibare mishya ku cyorezo cya Covid-19 abaturage bavuze ko ishobora kuba ibamo ibanga ryashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Kuva umurwayi wa mbere wa Covid-19 yemezwa mu Rwanda tariki ya 14 Werurwe 2020, Minisiteri y’Ubuzima ishyira ahagaragara raporo ivuga uko iki cyorezo giteye (umubare w’abanduye cyangwa se niba ntabo). Hagiye hagaragaramo impinduka, aho yatangiye ivuga ku barwayi bashya, ubwenegihugu bwabo ndetse n’amakuru ku ngendo bakoze, nyuma yongeramo n’ibipimo biba byafashwe ku munsi, havamo ubwenegihugu.

Aha ni ho hibajijwe ibibazo bitandukanye, cyane nko kuba amazina y’abarwaye iki cyorezo adatangazwa ndetse n’imyirondoro yabo yuzuye kugira ngo abahuye nabo babimenye, basabe ubufasha. Iki kibazo cyazamuwe cyane ubwo Dr. Ntihabose Corneille uyoboye ibitaro bya Byumba yatangazaga abantu batandatu banduye iki cyorezo mu karere ka Gicumbi, bamwe bati: “Amennye ibanga ry’akazi”, abandi bati: “Abaye intwari kuko arokoye ubuzima bw’abaturage.”

Mu kiganiro Dr. Nsanzimana yagiranye n’igitangazamakuru cy’igihugu, yabajijwe niba imyirondoro y’abagaragayeho iki cyorezo yashyirwa ahagaragara kugira ngo uwaba yarahuye nabo yimenyekanishe, cyangwa se bitakorwa bikatuma virusi ikwirakwira, asubiza ati: “Uburwayi bwose habamo ibanga ry’umuganga n’umurwayi kandi rigomba kubahirizwa.”

Dr. Nsanzimana yavuze ko hari igihe biba ngombwa ko bishobora gutangazwa ariko ku bantu bake, nk’abo bahuriye ahantu hamwe. Yavuze ko gushyira umuntu ku itangazo bishobora kumugiraho ingaruka ndetse no mu bo babana.

Yavuze ko ariko aho bizaba ngombwa ko uburyo bwo gutangaza iyi myirondoro ikoreshwa, hazabaho kureba ku ibanga ry’umurwayi ndetse n’inyungu rusange, bigahurizwa hamwe gusa ngo biragora abashakisha abahuye n’uwo murwayi. Ati: “Iyo ubona bikuvuna ariko bigashoboka, biba byiza iyo utiyorohereje akazi ujya gushyira abandi bantu mu kibazo.”

Kugeza ubu, mu Rwanda hamaze kugaragara abantu 127 banduye Covid-19 barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga. Abantu 42 muri aba bamaze gukira, ibitaro birabasezerera. Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 13 Mata 2020 yatangaje ko abenshi mu barwayi 85 basigaye nta bimenyetso by’iki cyorezo bakigaragaza kandi nta we urembye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *