Polisi ya Kenya ivuga ko muri weekend ya pasika yafashe igafunga abantu hafi 100 barimo umudepite wa Nairobi, banywa inzoga mu tubari bishe amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya coronavirus. Aba bafashwe bose bagomba gushyirwa mu kato bazamaramo iminsi 14 nyuma bakagezwa mu nkiko baregwa kurenga ku mabwiriza abuza abantu kwegerana no guteranira hamwe. Muri abo bafashwe harimo umudepite wa Nairobi, umucamanza ndetse n’abapolisi benshi, bashinjwa ko bariho banywera mu tubari ahantu hatandukanye muri uwo mujyi. Minisitiri w’Ubuzima muri Kenya kuwa mbere yatangaje ko Leta itazadohora vuba aha ingamba zo kurwanya iki cyorezo. Mu ngamba zafashwe harimo umukwabu utegeka abantu bose kuba bari mu ngo zabo saa moya z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo. Harimo kandi ko abantu bose basohotse mu ngo zabo bambara udupfukamunwa. Intara zimwe zirimo Nairobi, Kwale, Kilifi na Mombasa zifatwa nk’ahiganje ubwandu, nta muntu wemerewe kuzinjiramo cyangwa kuzisohokamo. Abantu kandi babujijwe guhurira ahantu hose ari benshi. Leta ubu yategetse ko abantu bose bapfuye bazize coronavirus bagomba gushyingurwa mu masaha 24 kandi bihagarikiwe n’abashinzwe ubuzima.


