Ivan Rakiti? yabwiye FC Barcelona ko atari ‘umufuka w’ibijumba’ ikoresha icyo ishatse

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Croatia Ivan Rakitic ukinira FC Barcelona, yabwiye iyi kipe ko ari we ufite mu biganza ahazaza he, yongeraho ko atari ‘umufuka w’ibijumba’ iriya kipe yakoresha icyo ishatse.

Aya magambo Rakitic ukina hagati mu kibuga muri FC Barcelona, yayatangaje ubwo yagiranaga ikiganiro cyihariye n’ikinyamakuru Mundo Deportivo.

Yagarukaga ku buryo abayeho muri iyi kipe y’i Catalunya, ndetse n’uburyo iyi kipe yashatse kumukoresha nk’inshumbu yo kugira ngo ibone abakinnyi yifuzaga mu mwaka ushize.

Rakitic umaze imyaka itandatu muri iyi kipe, FC Barcelona yashatse kumukoresha nk’iturufu yagombaga gutuma yisubiza Umunya BrĂ©sil Neymar Jr ukinira Paris Saint Germain, gusa birangira amakipe yombi atumvikanye.

Ibi bijyana no kuba uyu munya Croatia yarabuze umwanya wo gukina muri uyu mwaka w’imikino, nyuma y’uko Barça izanye Umuholandi, Frenkie de Jong, imukuye muri Ajax Amsterdam y’iwabo.

Agaruka ku bijyanye n’uko yashatse gukoreshwa ngo bagarure Neymar, yagize ati” Numva uko ibintu bimeze, ariko ntabwo ndi umufuka w’ibijumba wakoresha icyo ushatse.”

“Nifuza kuba ahantu numva ko banshaka, nubashywe kandi nkenewe. Ibyo nimbibona hano nzishima, ariko nibiba kujya ahandi ni njye uzahihitiramo, atari undi.”

Uyu mugabo w’imyaka 32 y’amavuko yavuze ko umwaka w’imikino ushize ari wo wamubereye mwiza kurusha indi yose yakiniye FC Barcelona, bityo akaba yaratunguwe n’ibyemezo iyi kipe yamufatiye harimo no kumwicaza ku ntebe.

Avuga ko kuba muri uyu mwaka w’imikino yarabanje mu kibuga incuro 10 zonyine ari ibintu byamubabaje, gusa bikaba bitazamubuza kurangiza umwaka wa nyuma w’amasezerano afitanye na Barça azarangira mu mwaka utaha.

Magingo aya Ivan Rakitic na FC Barcelona bayoboye urutonde rwa shampiyona ya Espagne (yahagaze kubera Coronavirus) n’amanota 58, bakarusha Real Madrid amanota abiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *